Saturday, July 27, 2024

Top 5 This Week

Related Posts

U Rwanda rwitabiriye imurukagurishwa mu bukerarugendo i Dubai

Spread the love

U Rwanda ndetse n’ibindi buhugu birenga 150 byitabiriye imurukagurishwa mu bukerarugendo ryiswe ‘ Arabian Travel Market’ muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu i Dubai riri kuba ku nshuro ya 30.

U Rwanda rusurwa n’abatandandukanye aho ruri gukorera

Kuva ku itariki 01 kugeza ku itariki 04 Gicurasi, I Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu , hari kubera imurukagurishwa mu bukerarugendo rizwi ku izina rya ‘ Arabian Travel Market in Dubai’. Ni imurukagurishwa riri kuba ku nshuro ya 30.

Kuri iyi nshuro ya 30 ‘ ATM 2023 iri kubera mu ntubako yitwa Dubai World Trade Center ( DWTC). Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu , butangaza ko uyu mwaka , abamurika biyongereyeho 27% ugerarinyije n’abitabiriye muri 2022.

ATM 2023 biteganyijwe ko izitabirwa n’abarenga 34,000 baje gusura abamurika barenga 2,000 baturutse mu bihugu birenga 150.

U Rwanda nacyo nk’igihugu gikataje mu bukerarugendo cyaritabiriye, nk’uko bigaragara ku rukuta rwa Twitter rw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ( Rwanda Development Board _ RDB).

U Rwanda rwitabiriye Arabian Travel Market iri kuba ku nshuro ya 30

RDB yanditse ati” U Rwanda rwishimiye kugaruka muri Arabia Travel Market i Dubai irikuba ku nshuro ya 30 muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu”.

“Sura ‘ Visit Rwanda’ kuri AF2500 ku gice cya kabiri urebe ubudasa bw’u Rwanda mu bukerarugendo”.

Sosiyete ya RwandAir nayo iri muzajyanywe n’u Rwanda

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles