Umwunganizi mu by’amategeko wo muri Amerika yashyizeho miliyoni zigera kuri eshanu z’amanyarwanda ku muntu wese uzamurangira umugabo bagakora ubukwe.
Eve Tilley Coulson, ni umwunganizi mu by’amategeko i Los Angeles ho muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Akaba amaze imyaka igera kuri itanu nta mukunzi agira.
Nkuko uyu mugore w’imyaka 35 yabitangaje, arigutanga amafaranga angana 5000 by’amadorali ya Amerika( asaga miliyoni 5 z’amanyarwnda) ku muntu wese uzamurangira umugabo bagakorana ubukwe.
yagize ati:” Uzampuza n’umugabo maze tugakora ubukwe nzamuha $5000. Ibi yabitangarije ikinyamakuru The Post
Yakomeje agira ati” Gutanga $5000 maze umugabo akazemera ko tubana, akaba yujuje ibyo nsaba byose kandi akazankunda urukundo rwanyarwo, aya mafaranga mu byukuri yaba agendeye ukuri.
Coulson akaba avuga ko azatanga aya mafaranga ubukwe nibumara kwemezwa.
ati” Uzabona $5000, mu gihe icyemezo cy’ubukwe kizaba cyamaze gusinywaho