Polisi yo mu Majyepfo ya Australia,mu Burengerazuba bwa Adelaide yatangaje ko umugabo yishwe n’igitero cy’amafi yo mu bwoko bwa Shark.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 46, akomejwe gushakishwa nyuma yo kuburira ku mucanga wa Walkers Rock Beache ahagana saa 10:10.
Ibikorwa byo gushakisha uwo mugabo biracyakomeje hifashishwa n’indege
Inkuru dukesha ikinyamakuru 9news , cyatangaje ko ibikorwa byo gushakisha uwo mugabo bigikomeje nyuma y’uko bamubuze ubwo amafi yo mu bwoko bwa shark yateraga umucanga yari aherereyeho.
Ubuyobozi bwa Polisi mu gace bwatangaje ko ntawundi muntu wakomerekeye muri ako gace.