Tuesday, October 22, 2024

Top 5 This Week

Related Posts

Nyuma y’imyaka irenga 80 , ubwato ‘Montevideo Maru’ bwarohamiyemo abanya-Australia barenga 800 bwabonetse

Spread the love

Montevideo Maru , ni ubwato bwari ub’igisikare cy’u Buyapani mu gihe cy’intambara ya kabiri y’Isi yose. Ubu bwato bwari bwararohanye butwaye imfungwa z’intambara zirenga 1,060, bwaje kuboneka nyuma y ‘imyaka 81.

Montevideo Maru ubwato bwarohamiyemo abarenga 1,060

Montevideo Maru bwari ubwato bwakoreshwaga n’u Buyapani, mu gihe cy’intambara ya kabiri y’Isi yose bwaje kurohama ku itariki 1 Nyakanga 1942. Ubwo nwato bwari butwaye abantu baturuka mu bihugu 16, harimo abanya-Australia 850.

Inyanja yarozwe imyaka myinshi babushakisha ariko barabubura. Kuri ubu ubu bwato bwabonetse mu nyanja y’u Bushinwa bw’Amajepfo( South China Sea). Ubu bwato bwabonetse ku birwa bya Luzon , metero 4,000 munsi y’inyanjya nk’uko byatangajwe na Bwana Richard Marles, Minisiteri w’Intebe wungirije wa Australia, abinjujije kuri Twitter.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles