Abakozi batanu b’Akarere ka Rutsiro mu Ntara y’u Burengerazuba bw’u Rwanda barokotse impanuka y’imodoka.
Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2023, ubwo aba bakozi bari bagiye mu Murenge wa Nyabirasi mu gikorwa cy’ubukangurambaga bwo kurinda ibidukijje bwateguwe n’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB.
Amakuru dukesha ikinyamakuru KT Press avuga ko ubwo aba bakozi batanu bari bageze mu Murenge wa Musasa, imodoka yarenze umuhanda.
Fabien Niyitegeka, ushinzwe itumanaho mu Karere ka Rutsiro yabwiye KT Press ko nta mukozi wakomeretse cyangwa ngo agire ikindi kibazo.
Imodoka yari yarenze umuhanda.