Mu gihugu cya Australia, umusore w’imyaka 20 y’amavuko yafashe icyemezo gikakaye cyo gusimbuka uruzitiro rwa metero eshatu nyuma y’uko Polisi imwagiye kwinjira ku mucanga wa “Coogee Pavillion “.
Ikinyamakuru 9news dukesha Iyi nkuru kiratangaza ko ibi byabaye ku munsi wejo , saa Moya z’ijoro , ubwo umusore w’imyaka 20 wo mu gihugu cy’Australia mu ntara ya Queensland mu gace ka Sydney . Polisi yamubuzaga kwinjira mu gace kazwi nka “Coogee Pavillion” maze bikarangira aguye asimbutse metero 3 muri ngo agemo.
Amashusho yafashwe na Camera yerekana umusore ari hasi nyuma yo gusimbuka
Polisi kandi itangaza ko uyu musore yahise yihutanwa ku bitaro bya St Vincent , ariko akaba atari yakoneretse cyane uretse ibyoroheje ku nkokora.